Choir Urumuli pastor Gashumba Fred

Choir Urumuli pastor Gashumba Fred we live to create astrong family

26/11/2020
Come and join us to worship God 🙏🙏🙏
09/10/2020

Come and join us to worship God 🙏🙏🙏

09/10/2020

Send a message to learn more

22/03/2019

UBUHAMYA BUDASANZWE BW'UMUGORE WASAMBANYE N'ABAGABO BENSHI AKAMERA UMURIZO Ishimwe Lorie yabanje kuririmba Hip Hop akabifatanya no kumansura, yaje kuba indaya aryamana n’abagabo atibuka umubare barimo n’abakozi b’Imana. Ishimwe Lorie usengera mu Itorero ry’Abapantekoti yemeza ko atarakira agakiza mu buryo buhamye ngo yabanje kuba indaya yari izwi cyane i Nyamirambo, yanyoye urumogi, asambanira amafaranga n’ibindi bikorwa bibi yita ‘iby’umwijima yabagamo’ ataramenya Yesu. Ibi byose yabyinjiyemo ashakisha uburyo yazajya abona amafaranga yo gukora umu*iki wa Hip Hop mu gihe abamureraga [yari imfubyi akaba n’ikinege] babimubuzaga bakamuhatira ishuri ariko we akinangira. N’amafaranga y’ishuri kenshi barayamuhaga aho kuyatanga akajya kuyanywa urumogi asigaye akayajyana muri studio gukora umu*iki. Yaje guhura n’abakobwa b’inshuti ze bari abamansu*i bamugira inama ko yajya kubana na bo ahitwa kuri 40 i Nyamirambo bakazamurangira n’akazi keza. Ati « Igihe cyarageze bafata umwanzuro ko bazajya banyishyurira amafaranga y’ishuri nkazajya kwiga nsanga baramaze kubirangiza. Nanjye nahise mfata umwanzuro wanjye, nagiye kuba kuri 40 i Nyamirambo, mbana n’abakobwa bari abamansu*i. « Yongeraho ati « Bahise banshakira akazi ko kumansura kugira ngo njye mbona amafaranga. Najyaga kwiga bitewe n’uko naramutse cyangwa ibyo urumogi rwambwiye mu mutwe. » Lorie yari indaya yamaramaje… Uyu mugore uvuka i Nyamirambo mu Kagari ka Munanira yemeza ko ageze ku myaka 14 ari bwo yatangiye kunywa ibiyobyabwenge akabifatanya no gusambanira amafaranga. Ati « Muri uko kumansura natangiye kuraruka, byasaba kunywa ibiyobyabwenge kugira ngo utagira isoni. Twatahaga saa cyenda z’ijoro nkaba mfite urutonde rw’abasore bari bunsambanye iryo joro. » Yize ku bigo byinshi, aho yatangiriye ku Kibuye muri ES Ngoma bamwirukanye atahamaze kabiri kubera uburara yakoraga nyuma ajya kwiga i Gitarama ahitwa i Mushubati naho baramwirukana hanyuma abamureraga bamwimurira mu Ishuri ryisumbuye ry’abayisilamu rya CIESK i Nyamirambo aho yakajije umurego mu gusambana ndetse ngo n’Umuyobozi w’ikigo bararyamanaga bikamworohereza kwiga. Yagize ati « Najyaga ku ishuri nabishatse kuko nari indaya y’umuyobozi w’ikigo, ba animateur ntacyo bashoboraga kumbwira kuko nabaga ndyamana na directeur w’ishuri. » Ubwo yigaga i Nyamirambo ngo yari « Indaya yihagazeho kuko nacishagamo nkajya no kwiga, urumva ko nari niyubashye ukuntu. Akenshi nasambaniraga amafaranga ibihumbi 50 ukantwara no mu modoka nziza. » Ubusambanyi yaje kubuvamo yakira agakiza ariko bya nyirarureshwa. Yageze mu rusengero akomeza ubusambanyi mu bundi buryo ahereye ku bo basenganaga nyuma n’abakozi b’Imana bazamo. Ati « Ninjiye mu nzu y’Imana ariko sinakizwa ngo maramaze. Nagezemo nakijijwe bimwe ariko ibindi ndabigumana, nakijijwe kuba indaya no kunywa urumogi ibindi ndabigumana. » Yongeraho ati « Nari umukozi w’Imana nkaririmba mu rusengero ariko nkabikoresha nabi, naratahaga ngakubitana n’abapagani bo mu rusengero […] mu wundi mwanya hakaba hari umuhanu*i uri kubica mu rusengero nanjye nkazajya kumureba ngo andebereyo, namugerayo, mu kanya akambwira ati ‘uri mwiza’ nti ni sawa, mu wundi mwanya akaba atangiye kunsoma ubundi akamfatafata, tukaba turasambanye, ejo tugasubira mu rusengero numva nta kibazo. » Ngo hari n’igihe yabaga yajyanye n’umukozi w’Imana mu biterane hanze ya Kigali, bataha bagera Nyabugogo bakajya ahantu ngo banywe fanta ariko bikarangira bahasambaniye. Yahanishijwe kumera umurizo Mu 2014, Ishimwe Lorie yemeza ko Imana yamuhaye igihano imuha kumera umurizo, ngo yaje kuwukira ubwo yari yagiye mu masengesho yabereye i Masaro nyuma y’uko yemeye kwatura akavuga ibyaha bye byose. Ati « Umurizo waje nk’igihano kugira ngo Imana inyereke ko idakinishwa. » Yongeraho ati « Nari mfite ubwoba, ndi kuribwa […] twageze CHUK bavuga ko nta bushobozi bafite bwo kudoda umurizo n’ikibuno. Bahise bavuga ko batwohereza muri Afurika y’Epfo ariko tugahita twishyura indege intwara, byaratunaniye kuko byari bihenze cyane. » Yongeyeho ko bamugejeje i Masoro ahabereye icyumba cy’amasengesho ngo yaratuye avuga ibyaha byose Imana imubwira ko imukijije umurizo ariko ataha utaracika. Ngo yageze mu rugo araryama bucyeye asanga wagiye. Ubu, Ishimwe Lorie arubatse, amaranye imyaka hafi ine n’umugabo. Yakomeje amashuri ye muri UNILAK ndetse mu gushimangira ubuhangange bw’Imana, yasohoye indirimbo yise « Yesu ni umugabo ».

22/03/2019

UKO FACEBOOK YASENYE URUGO RWANJYE. Nitwa Murerwa... Ndashaka kugira inama abakobwa n'abagore bakoresha imbuga nkoranyambaga. Natandukanye n'umugabo wanjye tumaranye imyaka 13. Mbere Facebook na whatsapp ntacyo byabaga bimbwiye ariko igihe natangiraga kubikoresha nahindutse nk'umusazi nkajya nirirwa kuri Facebook na Whatsapp umunsi wose. Umunsi umwe naje guhura n'umugabo kuri Facebook maze ansaba ubushuti. Uko iminsi yahitaga niko nagendaga mwiyumvano, twaraganiraga akansetsa, akangira inama nkumva ndamukunze, kuburyo iyo namuburaga online, naburaga amahoro. Nuko hashize igihe aza kumbwira ko ankunda ko ndi umugore w'ubu*ima bwe... Nahise numva mbaye nk'umusazi maze ntangira kumukunda kurusha umugabo wanjye. Igihe kimwe nakundaga kwihisha muri do**he kugirango muvugishe byibuze iminota micye. Umunsi umwe.... Nakoze ikosa ngiye kujya koga muri do**he nsiga computer na telephone mu cyumba ku buriri. Maze Umugabo wanjye avuye ku kazi abigwaho maze abona ubutumwa n'amafoto nambaye ubusa najyaga nohereza wa mug

18/03/2019

Luke 9:51–56 | Jesus Is Rejected by a Samaritan village Jesus and his disciples had been refused hospitality in a Samaritan village, and James and John had a “biblical” idea of how to respond to the insult. The disciples asked if they could call down fire from heaven and burn up the Samaritans just as Elijah had called down fire from heaven and burned up a hundred soldiers sent to arrest him. James and John — whom Jesus called the “Sons of Thunder” — asked the Prince of Peace to launch a drone strike. But Jesus was unimpressed and rebuked his disciples for an idea that, though “biblical,” was completely contrary to the spirit of Jesus. Just because it’s in the Bible doesn’t necessarily mean it’s a Jesus idea. Sometimes the Bible is like a Rorschach test, telling us more about ourselves than about God. Try to think about that today. Thank you Urumuli choir.

14/03/2019

UMUGAMBI W'IMANA K'UBUZIMA BWACU

Umubyeyi utwite yari kurugendo maze aza kugira inyota maze ashaka amazi yo kunywa arayabura, nuko yicara munsi y'igiti arimo kuruhuka, agiye kubona abona agitonyanga cy'amazi kirimo kimanuka nuko afata igikombe ategaho igikombe kigiye kuzura haza inyoni iragikoma kiragwa amazi arameneka , wa mubyeyi arongera aratega nanone kigiye kuzura ya nyoni iragaruka irayamena , bibaye ubugira gatatu wa mubyeyi afata ibuye yica yanyoni numujinya mwinshi , akimara kuyica afata cyagikombe agiye kongera gutega abanza noneho kureba hejuru abona ikiyoka kinini ahita amenya ko yamazi bwari uburozi bwiyo nzoka nuko atangira kwicuza impamvu yishe yanyoni kandi yamutabaye . natwe rero harigihe ibibazo biza kdi aruburyo Imana yaduhitiyemo bwo kudukiza imitego umwanzi Satan aba yaduteze arko bimenya bake

14/03/2019

AMAGAMBO AFITE AKAMARO. . . 1. Kwibwira ko wakora ibintu byose Ku bwawe ni nko kwishuka ko wasimbuka ugahita uguruka. 2. Umunyantege nke ntashobora kubabarira, imbabazi ni umwihariko w’ abanyembaraga. 3. Kunanirwa kwihangana ni ko gutsindwa intambara. 4. Gukorana ubucuru*i ubunyangamugayo biragoye ariko birashoboka. 5 ujye ukora ibyiza uteze ibihembo kuri Yehova..nugakorere umuntu ineza usa nkaho uyimuguriza 6. Jya ubaho nk’uzapfa ejo, gusa wige nk’uzabaho iteka ryose. 7. Icyo utekereza ni cyo uba. 8. Niteguye gupfa ariko nta mpamvu yatuma nitegura kwica. 9. Ushobora kutamenya umusaruro uzava mu byo ukora, ariko nutagira icyo ukora, nta musaruro u*igera ubona. 10.Aho guhemuka uzareke uhemukirwe, kuko ntu*igera ugira igikomere kumutima, ahubwo kizagira uwaguhemukiye. 11.Mugabo,Uzaha ranire kubana n'ugukunda kurusha kubana n'uwo ukunda ,Kuko uzaba ubana n'umwizerwa 100%. 12. Ejo hazaza hashingira ku cyo ukora none.

14/03/2019

*WISE WORDS* ```In life, some may walk, others may run, but remember the Lord gave the tortoise and the horse the same days to reach Noah's ark. Your journey might be rough and tough but you will definitely get to your destination. Jacob looked at Joseph and saw a good son! The ten brothers looked at Joseph and saw a useless dreamer! The travellers looked at Joseph and saw a slave!! Potiphar looked at Joseph and saw a fine servant!! Potiphar's wife looked at Joseph and saw a potential boyfriend! The prison officers saw in Joseph a prisoner! How wrong were all of them! God looked at Joseph and saw a Prime Minister of Egypt in waiting!! Don't be discouraged by what people see in you!! Be encouraged by what God sees in you!! Never underrate the person next to you because you never know what the Lord has deposited in that person. Your maid may be a Chief Executive Officer in waiting for a company which shall employ your child. Your garden-boy may be a president in waiting. (Remember David got the anointing of becoming a King while he was a simple child herding sheep. Esther was a simple orphaned girl yet she was a Queen in waiting). Let's share God's love and make the world a better place to live. Show that love by sharing this message with those you love. IT DOESN'T MATTER HOW PEOPLE SEE YOU, IT MATTERS HOW GOD SEES YOU God is God: He doesn't care about *age*, no wonder he blessed Abraham. He doesn't care about *experience*, no wonder he chose David. He doesn't care about *gender,* no wonder he lifted Esther. He doesn't care about *your past*, no wonder he called Paul. He doesn't care about *your physical appearance*, no wonder he chose Zacchaeus (the shortest one). He doesn't care about *fluency in speech* , no wonder he chose Moses. He doesn't care about *your career*, no wonder he choose Mary Magdalene; a pr******te. All I know is that my God never changes He never made *a promise he wouldn't keep* He never saw *a person he couldn't help* He never heard *a prayer he wouldn't answer* He never found *a soul he wouldn't love* He never found *a sinner he wouldn't forgive* This is the kind of God I would like to commune with every day the moment I wake up. I strongly recommend Him to you, He Shaal Be Well With You In Jesus Name

14/03/2019

IMYIZERERE IGEZWEHO ••••••••••••••• •••••••••••••••••• “AHO IMANA IRIGUSABWA KUMVIRA ABANTU NAHO ABANTU BATITAYE KUBYO IBASABA” . Pawulo ati: “kuko igihe kizaza batazihanganira inyigisho nzima, ahubwo kuko amatwi yabo azaba abarya yifuza kumva ibibanezeza, bazigwiriza abigisha bahuje n'irari ryabo” (2 Timoteyo 4:3) 1.Urusengero n'umutima ••••••••••••••• ••••••••••••••••• Pawulo ati: “Imana y'amahoro ibeze rwose, kandi mwebwe ubwanyu n'umwuka wanyu, n'ubugingo n'umubiri byose birarindwe, bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu Kristo azaza. (1 Abatesalonike 5:23) . Abantu bashaka kugaragaza ko bafite Imana mu mitima yabo ariko imibiri yabo ntibe ibitambo bizima bishimwa n'Imana. . => Kwambara ibicitse bizwi nkw'izina rya Déchire kandi Imyenda mizima yuzuye mu isi mbese akamaro ko kwambara ni akahe? * Yohana ati:Dore ndakugira inama: ungureho izahabu yatunganirijwe mu ruganda ubone uko uba umutunzi, kandi ungureho n'imyenda yera kugira ngo wambare isoni z'ubwambure bwawe zitagaragara, kandi ungureho umuti wo gusiga ku maso yawe kugira ngo uhumuke. (Ibyahishuwe 3:18) . Iyo myambarire niba nawe ukiyibarizwamo Menya ko utari mu ngabo za kristo hindukira vuba udatinze kuko uracyari mu ngabo z'umwanzi ntabwo waba uw'isi ku mubiri ngo ube n'Uwimana mu mutima Ntibishoboka kuko ntawukeza abami babiri. . => Kwambara Ibibonerana ugasa nkaho ari nk'amadirishya y'ibirahuri atagira rideaux Nshuti nawe urasabwa guhindura iyo myambarire kuko Imana ntiyabona icyicaro mu mutima wawe ukizemeze gutyo kuko satani niwe waba agifite umwanya mu mibereho yawe. . => Kwambara ibiguhambiriye bifashe ingingo zose bityo ukaba ubangamiye ingingo zawe ushaka kugaragaza uko uteye mu mutima ni kure garagaza n'ubukristo n'ukubonye aboneko usa nawe. Hindura vuba . => Kwambara ibigufi (Mini) bidashoboye ngo biruzuye jya wambarira kuberwa wi kwambarira kurebwa nibiba ngombwa ujye ushaka amakuru yaho iyo myambarire yavuye n'abayambaye icyo bari bagamije nawe hindura wambare neza nibwo uzaba uwa kristo noneho uhamanye n'umutima wawe. . =>Kwambara imyenda y'abagabo kandi utari we menya ko utakorera Imana mu mutima wishe ihame ryayo umenye ko Imana ibyanga urunuka byiteho kuva uyu munsi (Gutegeka kwa kabiri 22:5) INGARUKA IKOMOTSE KU MYAMBARIRE MIBI: --------------- --------------- --------------- ------------------------ → Urubyiruko n'abakuze ubu mu byaha biza imbere biri kwica abantu ubwonko umuntu agatangira kwibagirwa ubwonko bugasaza imburagihe kubera icyaha cyo mu Ibanga cyitwa kwisambanya (Ma********on) bikomotse ku myambarire yabo bantu bambaye ibituma amaso y'abantu aberekeraho mwibuke ko uri kurutonde rw'abasambanyikazi bakomeye mu ijuru itegereze abakubonye bose aho waciye imitima yakurarikiye ni myinshi bityo nibagera igihe cyo kuruhuka uko bakubonye bigaruke mu ntekerezo zabo nawe umva ikizakurikiraho . nshuti reka gukina mu bikomeye ubababaza Imana yawe yakuremeye kuyihesha icyubahiro wi kwiha amahoro yo mu mutima ko uri uw'Imana kandi Atari ko igufata n'imikino y'urukozasoni (Pornograph) iza imbere mu gutuma iki cyaha cyishe benshi bakaba abasazi bavandimwe ni mukanguke. . →Byakanguyemo Abantu gushaka (Marrier) bagendeye ku irari aho kugendera ku mutima uboneye . → Byatumye haboneka benshi babyinjiramo batari kuzagiraho aho bahurira niyo myifatire . → Ingo nyinshi ziri mu marembera bitewe n'Imyambarire mibi iriho none. . → N'ibindi . => Guhindura imisatsi ukundi, kogosha ingohe n'ibindi bijyana nabyo. . "Kandi ingamiya zabo zizajyanwa n'amatungo yabo atabarika azaba iminyago, nanjye nzatatanyiriza mu birere byose abiyogoshesha ingohe z'umusatsi wabo, nzabateza ibyago bibaturutse impande zose. Ni ko Uwiteka avuga. (Yeremiya 49:32) . Kandi n'abagore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni birinda, kandi batirimbisha kuboha umusatsi, cyangwa izahabu cyangwa imaragarita, cyangwa imyenda y'igiciro cyinshi (1 Timoteyo 2:9) . Imyambarire yatuma bakwitiranya °°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°° °°°°°°°°°°°°°°°° Yuda amubonye agira ngo ni maraya, kuko yari yitwikiriye mu maso. ( Itangiriro 38:4) (Imigani 7:10) . Hari aho wasangwa bakakwitiranya °°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°° °°°°°°°°°°°°°°°°°° Ukunda ubwenge anezeza se, Ariko ubana n'abamaraya yiyaya ibintu bye. (Imigani 29:3) . Ntiwabeshya Imana °°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°° "Imirimo yabo ntizareka bagarukira Imana yabo; kuko barimo imitima y'ubumaraya, ntibamenye Uwiteka. (Hoseya .5:4) . 2. Kuba Uw'isi ukaba n'Uwimana ••••••••••••••• •••••••••••••••••••••••••••• "Nta mugaragu ucyeza Abami babiri, kuko aba ashaka kwanga umwe agakunda undi, cyangwa yaguma kuri umwe agasuzugura undi. Ntimubasha gukeza Imana n'ubutunzi." (Luka 16:13) . Wishaka kwisanga hose ngo ujye wiyufura mu gipagani ariko ku mana naho werekane ko uriyo ahubwo gira amahitamo kandi azaba meza uhisemo kuba uw'Imana gusa. . 3. Imyizerere Ishingiye ku bitangaza ••••••••••••••• ••••••••••••••• ••••••••••••••••••• Kandi ibyo si igitangaza, kuko na Satani ubwe yihindura nka marayika w'umucyo. ( 2 Abakorinto 11:14) . Bishatse kuvuga ko uwavuga yesu uwavuga mu izina ry'Imana wese atari umukozi wayo. Ahubwo aba satani nuko badakora ibihwanye n'Ijambo ryayo aribo bahanu*i b'Ibinyoma buzuye mu isi. . 4. Byose yarabirangije ku musaraba. °°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°° °°°°°°°°°°°°°°°°°° igahanagura urwandiko rw'imihango rwaturegaga,ika rudukuzaho kurubamba ku musaraba. ( Abakolosayi 2:14) . amaze gukuzaho amategeko y'iby'imihango umubiri we, kugira ngo ba babiri abarememo umuntu umwe mushya muri we ngo azane amahoro atyo (Abefeso 2:15) . Yesu yaje gukuraho ibya mushushanyaga mbere yuko aza ntabwo yigeze akuraho byose ku buryo twabaho mu isi nk'abageze muri paradizo kuko Satani aracyahari dusabwa kumvira yesu nk'umutambyi mukuru. . Matayo 5:17 "Mwitekereza ko naje gukuraho amategeko cyangwa ibyahanuwe. Sinaje kubikuraho, ahubwo naje kubisohoza. . 5. Nta torero ritazavamo umugeni ••••••••••••••• ••••••••••••••• •••••••••••••••• Itorero ni iki? kandi mbikwandikiriye kugira ngo, nintinda, uzamenye ibikwiriye kugenzerezwa mu nzu y'Imana ari yo Torero ry'Imana ihoraho, ari na yo inkingi y'ukuri igushyigikiye. . Isi yuzuye amadini mbese yose ayobowe n'Ijambo ry'Imana ? Ntabwo yaba menshi. . Ubwinshi bw'amadini nibwo bwinshi bw'ibyaha. . Hariho Umwami umwe no kwizera kumwe n'umubatizo umwe,hariho Imana imwe ari yo Data wa twese udusumba twese, uri hagati yacu twese kandi uturimo twese. (Abefeso 4:5-6). . IMYIZERERE NI MYINSHI °°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°°° °°°°° • Umuyehova yizerako azatura ku isi • Undi ati nzajya mu ijuru • Undi njyewe nduhuka ku isabato • Undi njyewe nduhuka ku cyumweru • Undi njye ndi Reverend, Papa (Zaburi 111:9) (Matayo 23:9) . • Undi akabatiza uduhinja • Undi akarindira abakuze ngo bizere (Mariko 16:16) (Yohana 10:14) . Yeremiya yageranije Amadini nka Rond point kuko yari yarabibonye atugira inama. . Yeremiya 6:16 Uwiteka avuga atya ati"Nimuhagarare mu nzira murebe kandi mubaririze inzira za kera, aho inzira nziza iri abe ari yo munyuramo, ni ho muzabona uburuhukiro mu mitima yanyu. Ariko barahakana bati 'Ntituzayinyura mo.' . 6.Hose hari Imana ••••••••••••••••••••••••••• kuko igihe kizaza batazihanganira inyigisho nzima, ahubwo kuko amatwi yabo azaba abarya yifuza kumva ibibanezeza,baz igwiriza abigisha bahuje n'irari ryabo ( 2 Timoteyo 4:3) . Kandi irari ryabo rizabatera gushaka indamu kuri mwe bababwiye amagambo y'amahimbano, ariko iteka baciriwe ho uhereye kera ntirizatinda, no kurimbuka kwabo ntiguhunikira. (2 Petero 2:3) . 7. Kwerekwa ••••••••••••••••••• Icyo mbategeka cyose mujye mucyitondera mucyumvire, ntimukacyongere ho,ntimukakigab anyeho. (Gutegeka 2: 13;1) Yeremiya 23: 7-19 Yeremiya 23:30 "Ni cyo gituma mpagurukiye abahanu*i bibana amagambo yanjye, umuntu wese yiba mugenzi we. Ni ko Uwiteka avuga. . Dore mpagurukiye abahanura iby'inzozi by'ibinyoma, ni ko Uwiteka avuga, bakabyamamaza kandi bakayobesha ubwoko bwanjye ibyo binyoma byabo no kwirarira kwabo k'ubusa. Nyamara sinabatumye, sinabategetse kandi nta cyo bamariye rwose ubu bwoko. Ni ko Uwiteka avuga. (Yeremiya 23:32) . kuko babahanurira ibinyoma mu izina ryanjye, sinabatumye." Ni ko Uwiteka avuga. (Yeremiya 29:9) . Abamenyi bazagira isoni n'abapfumu bazashoberwa, ni ukuri bose bazifata ku munwa, kuko ari nta gisubizo kivuye ku Mana. (Mika 3:7) . 8.Bibiliya ni inyanja ntawabivamo ••••••••••••••• ••••••••••••••• •••••••••••••• Mushakashake uko mwamenya ibyo Umwami ashima. (Abefeso 5:10) . kandi u*i yuko uhereye mu buto bwawe wamenyaga ibyanditswe byera bibasha kukumenyesha ubwenge, bwo kukuzanira agakiza gaheshwa no kwizera Kristo Yesu.Ibyanditswe byera byose byahumetswe n'Imana kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu, no kumwemeza ibyaha bye no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka kugira ngo umuntu w'Imana abe ashyitse, afite ibimukwiriye byose ngo akore imirimo myiza yose. (2 Timoteyo 3:15-17) . 9. Menye bike nta zabazwa byinshi ••••••••••••••• ••••••••••••••• ••••••••••••••••• Nuko u*i gukora neza ntabikore, bimubereye icyaha. (Yakobo 4:17) . Uwiziba amatwi ngo atumva amategeko, Gusenga kwe na ko ni ikizira. (Imigani 28:9) . 10. Ibyo ni Amayobera matagatifu ••••••••••••••• ••••••••••••••• •••••••••••••••• Ababivuga basesereza ku bitabo by'abahanu*i nka Daniel na Yohana wanditse IBYAHISHUWE ukagira ngo n'ibyahishwe icyo ni ikinyoma gitangaje Imana ntiyari gupfusha igihe Ubusa iduha ibyo tutari kumenya nk'abana bayo. . Ibyo rero ni ikinyoma cya mbaye ubusa impamvu byiswe bityo nuko hari imyizerere bitunga urutoki. . Ni mureke tube maso duhagarare ku kwizera twahawe rimwe gusa. . Imana irusheho kutwigisha no kudukangrira gushikama muri iki gihe turimo cy'ubugoryi. . Kanda Like na Share bigere Ku bandi!!!!!

ubumwe bufite intego bumanura Imana
06/03/2019

ubumwe bufite intego bumanura Imana

Address

Calvary Temple
Nyagatare

Opening Hours

Monday 09:00 - 17:00
Tuesday 09:00 - 17:00
Wednesday 09:00 - 23:00
Thursday 09:00 - 23:00
Friday 09:00 - 17:00
Saturday 09:00 - 17:00
Sunday 09:00 - 17:00

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Choir Urumuli pastor Gashumba Fred posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share

Category