26/04/2026
Umuhanzikazi uri mu bakunzwe cyane mu mu*iki nyarwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, atangaza ko yiyemeje gukoresha impano ye yo kuririmba mu kubwira Isi yose ukuri ku mateka asharira y'u Rwanda, no guharanira ubumwe n’ubudaheranwa.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko gusura uru rwibutso ari inzozi yari amaranye igihe, ariko byasabye ko abanza kwitegura mu mutwe no mu mutima.
Ati: “Impamvu nahisemo gusura urwibutso ni uko ari ibintu nahoze nifuza. Ni ubwa mbere nje ubwanjye, kuko numvaga ngomba kubanza kwitegura bihagije. Mbere numvaga mfite ubwoba, ariko ubu numvise niteguye mu mutwe no mu mutima.” Yagaragaje ko yahakuye amasomo akomeye, arimo kumenya neza icyo bisobanuye kuba Umunyarwanda.
Ati: “Ikintu cya mbere nize ni uko kuba Umunyarwanda ari ukumenya amateka yawe. Iyo u*i aho uva, uba u*i n’aho ujya. Kuba Umunyarwanda ni inshingano yo gusigasira ubumwe, urukundo no kwigira.”
video: .rw